Umushinga MCSP wasoje ibikorwa byawo mu Karere ka Nyabihu.

Uyu munsi ku wa gatatu, tariki ya 01/8/2018, mu cyumba cy’inama cya La Corniche Mukamira, mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Mukamira habereye igikorwa cyo kumurika ibikorwa by’umuryango utegamiye kuri Leta MCSP Jhpiego no guhagarika ibikorwa byabo bamazemo imyaka itatu mu Karere ka Nyabihu. Iki gikorwa cyitabiriwe n’abantu batandukanye; Ku ruhande rwa MCSP hari; Dr. Stephen Mutwiwa, Country Director, Dr. Alfred Twagiramungu, FP team leader, Dr. Edwin Tayebwa, M&E Director, DR Assoumpta, New born team leader, Harelimana Modeste, Field program manager, Bangambiki Evariste,Communication Officer, Niyonsenga Donatien, Nyabihu District Coordinator Ku ruhande rw’Akarere ka Nyabihu, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Bwana Simpenzwe Pascal, Umuyobozi mukuru w’Ibitaro bya Shyira, Umuyobozi w’Ishami ry’Uburezi mu Karere, District JADF Ps Abayobozi b’ibigo nderabuzima biri mu Karere ka Nyabihu Ibikorwa bya MCSP byari bifite intego rusange yo guhagarika no gukuraho burundu imfu z’abana n’ababyeyi zishobora kwirindwa. Ibi bikaba byaragezweho hakorwa ibikorwa bitandukanye; Gufasha mu bikorwa byo kuboneza urubyaro hakoreshwa uburyo bwose ndetse n’ubwa burundu, Gutanga ubuvuzi bw’ibanze ku bana bakivuka, Gutanga ubufasha ku babyeyi igihe batwite, babyara na nyuma yo kubyara, Gusiramura abagabo, Guhugura abajyana b’ubuzima mu kwita ku babyeyi batwite, ababyaye n’impinja, Gufasha urubyiruko mu buzima bw’imyororokere, Kubahiriza ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina(GBV) Ikurikiranabikorwa muri gahunda y’ubuzima kubyaza imibare amakuru aganisha ku mpinduka nziza, Kuvura indwara yo kujojoba ku bagore no kuyirinda hubahirizwa ihame rya Serivisi nziza ku buzima bw’ababyeyi, Kuvura abana bari munsi y’imyaka itanu hakurikijwe amabwiriza ya OMS (Ubuvuzi bukomatanyije) Gukora ubukangurambaga mu baturage kubijyanye na serivisi nziza.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->