URUZINDUKO RW’ABADEPITE MU KARERE KA NYABIHU

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Ugushyingo 2018, Itsinda ry’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko, basuye Akarere ka Nyabihu. Iri tsinda ryari riyobowe na Honorable Depite UWIRINGIYIMANA Philibert wari kumwe na Honorable Depite AHISHAKIYE Mediatrice na Honorable Depite NDAGIJIMANA Leonard. Abagize itsinda bakoranye inama n’abayobozi ndetse n’abakozi bafite aho bahurira n’ ibikorwa remezo bishingiye ku ikoranabunga n’uko bikoreshwa mu gutanga serivisi zigezwa ku baturage harimo serivisi zitangwa hifashishijwe urubuga rw’ Irembo.gov.rw. ; abadepite barebye niba abaturage bashobora gukoresha telefone ngendanwa mu guhamagara no kohereza ubutumwa nta mbogamizi, imitangire ya serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga hifashishijwe telefone(Mobile money,Tigo cash na Airtel money). Baboneyeho umwanya wo kumenya niba abaturage bumva radiyo kandi bakareba Televiziyo y’u Rwanda nta mbogamizi, kureba aho ikwirakwiza ry’umuyoboro wa Interineti rigeze no kureba uko Interineti ifasha abaturage mu byo bakenera. Abagize iri tsinda bamenye akamaro ikoranabuhanga rifitiye abaturage b’Akarere ka Nyabihu haba mu mibereho yabo ndetse no mu iterambere ryabo. Barebeye hamwe imbogamizi zaba zirimo kugira ngo bazakore ubuvugizi ku nzego zibishinzwe. Nyuma y’inama abadepite basuye abaturage b’Umurenge wa Mulinga, Akagari ka Gisizi, aho basanze muri rusange bakoresha ikoranabuhanga n’ubwo atari bose kuko hari igice kinini cyagaragaye ko kidafite Network ya MTN, TIGO ndetse na Airtel.


ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->