URUZINDUKO RW’ABADEPITE MU KARERE KA NYABIHU
Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Ugushyingo 2018, Itsinda ry’Abadepite bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga, Umuco n’Urubyiruko, basuye Akarere ka Nyabihu. Iri tsinda ryari riyobowe na Honorable Depite UWIRINGIYIMANA Philibert wari kumwe na Honorable Depite AHISHAKIYE Mediatrice na Honorable Depite NDAGIJIMANA Leonard. Abagize itsinda bakoranye inama n’abayobozi ndetse n’abakozi bafite aho bahurira n’ ibikorwa remezo bishingiye ku ikoranabunga n’uko bikoreshwa mu gutanga serivisi zigezwa ku baturage harimo serivisi zitangwa hifashishijwe urubuga rw’ Irembo.gov.rw. ; abadepite barebye niba abaturage bashobora gukoresha telefone ngendanwa mu guhamagara no kohereza ubutumwa nta mbogamizi, imitangire ya serivisi zo kubitsa no kubikuza amafaranga hifashishijwe telefone(Mobile money,Tigo cash na Airtel money). Baboneyeho umwanya wo kumenya niba abaturage bumva radiyo kandi bakareba Televiziyo y’u Rwanda nta mbogamizi, kureba aho ikwirakwiza ry’umuyoboro wa Interineti rigeze no kureba uko Interineti ifasha abaturage mu byo bakenera. Abagize iri tsinda bamenye akamaro ikoranabuhanga rifitiye abaturage b’Akarere ka Nyabihu haba mu mibereho yabo ndetse no mu iterambere ryabo. Barebeye hamwe imbogamizi zaba zirimo kugira ngo bazakore ubuvugizi ku nzego zibishinzwe. Nyuma y’inama abadepite basuye abaturage b’Umurenge wa Mulinga, Akagari ka Gisizi, aho basanze muri rusange bakoresha ikoranabuhanga n’ubwo atari bose kuko hari igice kinini cyagaragaye ko kidafite Network ya MTN, TIGO ndetse na Airtel.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…