URUZINDUKO RWA GUVERINERI W’INTARA Y’IBURENGERAZUBA.
Umukuru w’Intara y’Iburengerazuba, Bwana Habitegeko Francois yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu mu Karere ka Nyabihu, kuwa gatatu tariki ya 08 Nzeli 2021, yifatanyije n’abagize inama y’Akarere y’umutekano itaguye hamwe n’abaturage mu gikorwa cyo gutangiza Igihembwe cy’ihinga 2022 A, mu Kagari ka Rukoma, Umurenge wa Mukamira, haterwa imbuto y’ibigori mu materasi y’indinganire.
Guverneri yakomeje uruzinduko, kuwa kane tariki ya 09 Nzeri aho yasuye ibikorwaremezo bitandukanye, biherereye mu Mirenge ya Rugera na Shyira, birimo ikiraro cya Nyamutera, ikiraro cya Giciye, icya Rubagabaga n’icya Kiruruma gihuza Akarere ka Nyabihu na Gekenke, yasuye umugezi wa Musarara urimo kubungabungwa, uyu mugezi wakunze kuzura ugasenyera abaturage mu gihe cy’ibiza, asura abatuye mu Mudugudu w’icyitegererezo wa Kazirankara, agera ahari ibikumba, abagira inama kugira ngo umusaruro w’umukamo wiyongere.
Nyuma yakomereje mu Murenge wa Rugera, Akagari ka Nyagahondo, Umudugudu wa Muhare, muri Santere ya Tubungo aho ari kumwe n’abagize inama y’umutekano y’Akarere itaguye yakoranye inama n’abaturage baturutse mu Mirenge ya Rugera na Shyira abaganiriza kuri gahunda zitandukanye harimo Umutekano, Kwirinda no gukumira ibiza, Ubwisungane mu kwivuza, Ejo heza n’izindi; agezwaho ibibazo n’ibyifuzo bitandukanye, bihabwa umurongo.
Ku munsi wa gatatu w’uruzinduko, ku itariki ya 10 Nzeri 2022, Guverineri w’ Intara y’Iburengerazuba, Bwana Habitegeko francois ari kumwe n’abagize inama y’Akarere y’umutekano itaguye, basuye ibikorwa byo kurwanya isuri mu Murenge wa Kintobo, birimo amaterasi ndinganire, amaterasi yikora ndetse n’imiringoti ifata amazi mu mashyamba, nyuma yaganiriye n’abahagarariye ibyiciro bitandukanye kuva ku rwego rw’Isibo kugera ku rw’ Umurenge bo mu Murenge wa Kintobo, baganira ku mutekano, kurwanya isuri, Ejo heza, MUSA, kwitabira gahunda y’urukingo rwa Covid 19…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…