URUZINDUKO RWA GUVERINERI W’INTARA Y’IBURENGERAZUBA
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Ntibitura Jean Bosco, ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Intara, kuri uyu wa kane, tariki ya 09 Mutarama 2025, batangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu, rugamije gusura abaturage, kubakangurira gahunda za Leta zinyuranye no gukemura ibibazo byabo.
Uru rugendo yarutangiriye kuri site ya Jenda ahahurijwe abaturage baturutse mu Mirenge ya Bigogwe, Jenda na Kabatwa n’abavuga rikumvikana bo muri iyi Mirenge.
Iyi nama yitabiriwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Abajyanama mu Nama Njyanama y’Akarere, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, abagize Inama y’umutekano itaguye y’Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, abafatanyabikorwa batandukanye b’Akarere, abahagarariye ibigo bitandukanye bya Leta bikorera mu Karere, abayobozi n’abakozi mu nzego z’ibanze, kuva ku Mudugudu kugeza ku Karere, abaturage b’Imirenge ya Bigogwe, Jenda na Kabatwa.
Nyuma y’ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette yagaragaje ishusho rusange y’Akarere. Guverineri w’intara, mu ijambo rye, yagejeje ubutumwa butandukanye ku bitabiriye, aho yibanze ku mitangire ya serivisi inoze, kwirinda no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kwegera abaturage no kubakirira ibibazo. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yaganirije abitabiriye kuri gahunda zo kuvana abaturage mu bukene naho Umuyobozi w’Akarere ushinzwe imibereho y’abaturage abaganiriza ku bumwe n’ubudaheranwa rw’abanyarwanda.
Abahagarariye inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara batanze ibiganiro byibanze ku mutekano, aho buri wese yasabwe kuwubungabunga, kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside,aho abitabiriye basobanuriwe icyo itegeko rivuga ku cyaha cy’ingengabitekerezo, uburyo iki cyaha gikorwamo ndetse n’itegeko rigihana, ashishikariza abitabiriye bose kucyirinda.
Nyuma y’ibiganiro bitandukanye abaturage bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo no kubaza ibibazo. Ibabazo byabajijwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo wo kuba byakemutse mu gihe cya vuba, Guverineri asaba ko byahita bitangirwa raporo y’uburyo byakemutse.
Guverineri n’abayobozi bari kumwe bakomeje bakorana inama n’abavuga rikumvikana muri iyi Mirenge yavuzwe haruguru, basabwa kunoza imitangire ya serivisi no kwegera abaturage, gusobanurira abaturage ibyo bakwiye kwitwaza igihe basaba serivisi, kwirinda gusiragiza abaturage, kubungabunga umutekano, kunoza imikoranire mu kazi ka buri munsi hagamijwe gukora neza no guharanira iterambere ry’umuturage.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…