URUZINDUKO RWA GUVERINERI W’INTARA Y’IBURENGERAZUBA
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Hon. Ntibitura Jean Bosco, ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Intara, kuri uyu wa kane, tariki ya 09 Mutarama 2025, batangiye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu, rugamije gusura abaturage, kubakangurira gahunda za Leta zinyuranye no gukemura ibibazo byabo.
Uru rugendo yarutangiriye kuri site ya Jenda ahahurijwe abaturage baturutse mu Mirenge ya Bigogwe, Jenda na Kabatwa n’abavuga rikumvikana bo muri iyi Mirenge.
Iyi nama yitabiriwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Abajyanama mu Nama Njyanama y’Akarere, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, abagize Inama y’umutekano itaguye y’Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge igize Akarere, abafatanyabikorwa batandukanye b’Akarere, abahagarariye ibigo bitandukanye bya Leta bikorera mu Karere, abayobozi n’abakozi mu nzego z’ibanze, kuva ku Mudugudu kugeza ku Karere, abaturage b’Imirenge ya Bigogwe, Jenda na Kabatwa.
Nyuma y’ijambo ry’ikaze, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette yagaragaje ishusho rusange y’Akarere. Guverineri w’intara, mu ijambo rye, yagejeje ubutumwa butandukanye ku bitabiriye, aho yibanze ku mitangire ya serivisi inoze, kwirinda no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, kwegera abaturage no kubakirira ibibazo. Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yaganirije abitabiriye kuri gahunda zo kuvana abaturage mu bukene naho Umuyobozi w’Akarere ushinzwe imibereho y’abaturage abaganiriza ku bumwe n’ubudaheranwa rw’abanyarwanda.
Abahagarariye inzego z’umutekano ku rwego rw’Intara batanze ibiganiro byibanze ku mutekano, aho buri wese yasabwe kuwubungabunga, kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside,aho abitabiriye basobanuriwe icyo itegeko rivuga ku cyaha cy’ingengabitekerezo, uburyo iki cyaha gikorwamo ndetse n’itegeko rigihana, ashishikariza abitabiriye bose kucyirinda.
Nyuma y’ibiganiro bitandukanye abaturage bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo no kubaza ibibazo. Ibabazo byabajijwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo wo kuba byakemutse mu gihe cya vuba, Guverineri asaba ko byahita bitangirwa raporo y’uburyo byakemutse.
Guverineri n’abayobozi bari kumwe bakomeje bakorana inama n’abavuga rikumvikana muri iyi Mirenge yavuzwe haruguru, basabwa kunoza imitangire ya serivisi no kwegera abaturage, gusobanurira abaturage ibyo bakwiye kwitwaza igihe basaba serivisi, kwirinda gusiragiza abaturage, kubungabunga umutekano, kunoza imikoranire mu kazi ka buri munsi hagamijwe gukora neza no guharanira iterambere ry’umuturage.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…