Uruzinduko rwa Komisiyo ya Senat y’imibereho myiza.

Komisiyo ya Sena y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage yagiriye uruzindiko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu, ku wa kane no kuwa gatanu, tariki ya 15-16/3/2018. Nyuma y’inama iri tsinda ry’abasenateri rigizwe na Senateri NIYONGANA Gallican; uyoboye itsinda, Senateri MUKANKUSI Perrine, Senateri MUSABEYEZU Narcisse, itsinda ryunganirwa na Bwana HARELIMANA Vianney, ryagiranye n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere, Umuyobozi ushinzwe ubuzima, Umuyobozi ushinzwe igenamigambi, Umuyobozi ushinzwe uburezi, Umuyobozi w’Ibitaro by’Akarere, abahagarariye amadini, abahagarariye imiryango itari iya Leta ikorera mu Karere, basuye ikigo cya Groupe Scolaire st Agnes Gitebe , giherereye mu Murenge wa Mulinga. Abasenateri bagiranye ibiganiro n’abanyeshuri ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’abasenateri ni ukuvuga kuwa gatanu, tariki ya 16/3/2018; abagize itsinda rya Komisiyo basuye Ikigo nderabuzima cya Kora, giherereye mu Murenge wa Bigogwe, aho basuye serivisi zitandukanye, harimo gahunda yo kuboneza urubyaro, abanjyanama b’ubuzima, abakuriye umugoroba w’ababyeyi, abafite ubumuga, CNF, CNJ, abayobozi b’Imidugudu; abatumiwe bose bahawe urubuga rwo gutanga ibitekerezo. Ubuyobozi bw’Akarere bwari buhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madamu MUKANSANGA Clarisse.

ICYUMWERU CY’UMUJYANAMA, UMWANYA WO KWEGERA ABATURAGE

Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…

Read more →

URUGENDO SHURI KU KWESA IMIHIGO MU KARERE KA NGOMA

Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…

Read more →

NYABIHU: HATERANIYE INTEKO RUSANGE YA 28 Y’INAMA Y’IGIHUGU Y’URUBYIRUKO

Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…

Read more →

IKIRARO CYO MU KIRERE CYA SHYIRA, CYATEJE IMBERE IMIGENDERANIRE N’UBUHAHIRANE

Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…

Read more →

UBUKANGURAMBAGA KU GUKUMIRA NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N’IGWINGIRA MU BANA BATO

Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…

Read more →

TRANSPARENCY INTERNATIONAL RWANDA MU NAMA KU IGENAMIGAMBI N’IMITANGIRE YA SERIVISI

Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…

Read more →

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →
-->