Uruzinduko rwa Komisiyo ya Senat y’imibereho myiza.

Komisiyo ya Sena y’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage yagiriye uruzindiko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu, ku wa kane no kuwa gatanu, tariki ya 15-16/3/2018. Nyuma y’inama iri tsinda ry’abasenateri rigizwe na Senateri NIYONGANA Gallican; uyoboye itsinda, Senateri MUKANKUSI Perrine, Senateri MUSABEYEZU Narcisse, itsinda ryunganirwa na Bwana HARELIMANA Vianney, ryagiranye n’abagize Komite Nyobozi y’Akarere, Umuyobozi ushinzwe ubuzima, Umuyobozi ushinzwe igenamigambi, Umuyobozi ushinzwe uburezi, Umuyobozi w’Ibitaro by’Akarere, abahagarariye amadini, abahagarariye imiryango itari iya Leta ikorera mu Karere, basuye ikigo cya Groupe Scolaire st Agnes Gitebe , giherereye mu Murenge wa Mulinga. Abasenateri bagiranye ibiganiro n’abanyeshuri ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere. Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rw’abasenateri ni ukuvuga kuwa gatanu, tariki ya 16/3/2018; abagize itsinda rya Komisiyo basuye Ikigo nderabuzima cya Kora, giherereye mu Murenge wa Bigogwe, aho basuye serivisi zitandukanye, harimo gahunda yo kuboneza urubyaro, abanjyanama b’ubuzima, abakuriye umugoroba w’ababyeyi, abafite ubumuga, CNF, CNJ, abayobozi b’Imidugudu; abatumiwe bose bahawe urubuga rwo gutanga ibitekerezo. Ubuyobozi bw’Akarere bwari buhagarariwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Madamu MUKANSANGA Clarisse.

URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->