URUZINDUKO RWA MINISITIRI W’UBUREZI
Kuri uyu wa mbere, tariki ya 29 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu agamije gusura ibigo by’amashuri byagizweho ingaruka n’ibiza, aho nyuma yo kwakirwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, no kwihanganisha Akarere kubera ikibazo kagize k’ibiza byakibasiye, Minisitiri w’Uburezi yakomeje uruzinduko asura amashuri ya EP Cyamabuye, GS Rega ADEPR, GS Rega Catholique na Bigogwe TSS.
Amaze gusura ibice bitandukanye areba ingaruka zatewe n’ibiza, uko isuku ihagaze no gusura abanyeshuri aho bigira mu mashuri, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yakoranye inama n’abanyeshuri n’abarezi. Mu butumwa yabahaye yabasabye kurangwa n’ikinyabupfura, kugira isuku no gukora cyane kugira ngo baharanire gutsinda neza, yakomeje ashimira abagaragaje ibikorwa byiza abasaba gukomerezaho naho ahagaragara ibitagenda neza abasaba guhita babikosora.
Mu bibazo byagaragarijwe uyu muyobozi harimo ibyumba bike by’amashuri bituma haba ubucucike hamwe n’ikibazo cya workshop ya veterinary clinical, abizeza ko bizagenda bishakirwa umuti uko ubushobozi buzagenda buboneka.
Mu gihe cy’Icyumweru cy’Umujyanama cyabaye kuva ku wa 17 kugeza ku wa 19 Kamena 2026, abagize Inama Njyanama basuye ibikorwa bitandukanye mu mirenge…
Mu rwego rwo kwigiranaho ku ngamba zo kwesa Imihigo n’uburyo zishyirwa mu bikorwa, itsinda rigari ry’Akarere ka Nyabihu riyobowe n’Umunyamabanga…
Kuri uyu wa 13 Kamena 2026,Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette,yakiriye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko…
Abaturage bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu n’abo mu Murenge wa Mugunga muri Gakenke bishimiye irangira ry’ikiraro cyo mu kirere cyubatswe…
Kuwa 09 Kamena 2026, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, yatangije icyumweru cyahariwe…
Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, ari kumwe na Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere, Bwana HABANABAKIZE Protais, bakiriye Intumwa ya…
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…