URUZINDUKO RWA MINISITIRI W’UBUREZI

Kuri uyu wa mbere, tariki ya 29 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu agamije gusura ibigo by’amashuri byagizweho ingaruka n’ibiza, aho nyuma yo kwakirwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette, no kwihanganisha Akarere kubera ikibazo kagize k’ibiza byakibasiye,  Minisitiri w’Uburezi yakomeje uruzinduko asura amashuri ya EP Cyamabuye, GS Rega ADEPR, GS Rega Catholique na Bigogwe TSS.

Amaze gusura ibice bitandukanye areba ingaruka zatewe n’ibiza, uko isuku ihagaze no gusura abanyeshuri aho bigira mu mashuri, Minisitiri w’Uburezi, Dr. Uwamariya Valentine yakoranye inama n’abanyeshuri n’abarezi. Mu butumwa yabahaye yabasabye kurangwa n’ikinyabupfura, kugira isuku no gukora cyane kugira ngo baharanire  gutsinda neza, yakomeje ashimira abagaragaje ibikorwa byiza abasaba gukomerezaho naho ahagaragara ibitagenda neza abasaba guhita babikosora.

Mu bibazo byagaragarijwe uyu muyobozi harimo ibyumba bike by’amashuri bituma haba ubucucike hamwe n’ikibazo cya workshop ya veterinary clinical, abizeza ko bizagenda bishakirwa umuti uko ubushobozi buzagenda buboneka.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->