URUZINDUKO RWA SENATERI
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Gasarabwe Jean Damascene, bakiriye Honorable Senator Nyinawamwiza Laetitia ari kumwe na Prof. Harelimana Jean Bosco; Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amakoperative( RCA), aho bagiranye ikiganiro kuri uyu wa gatatu, tariki ya 04 Werurwe 2020 n’abagize Komisiyo y’ubukungu mu Nama Njyanama y’Akarere, abakozi ku rwego rw’Akarere bafite amakoperative mu nshingano, abayobozi b’amakoperative bahagarariye abandi.
Muri iki kiganiro hagaragajwe imikorere y’amakoperative mu Karere ka Nyabihu muri rusange, hagaragazwa kandi ibyo iri tsinda rya Komisiyo ya Sena y’iterambere ry’ubukungu n’imari ryabonye mu makoperative atanu ryasuye mu gihe cy’iminsi ibiri; ayo makoperative ni KOAIKA, KOZAMIKOKI, COIMU, COOPTEGA na SACCO Isoko y’amajyambere ya Mukamira.
Hatanzwe ibitekerezo bigamijwe ko amakoperative agomba kugira uruhare mu guteza imbere abanyamuryango bayo, atanga inyungu y’ubwasisi ku banyamuryango buri mwaka. Ubuyobozi bw’Akarere bwiyemeje ko bugiye kurushaho gukurikirana imikorere y’amakoperative;
Hagaragajwe ikibazo cya Koperative ya COIMU yifuza guhabwa ikusanyirizo ry’ibirayi basaba ko cyakwitabwaho kugira ngo ikomeje kwiteza imbere. Iki kiganiro kandi cyitabiriwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…