URUZINDUKO RW’ABADEPITE
Uyu munsi, kuwa kabiri, tariki ya 15 Nyakanga 2025, Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyabihu, Bwana Habanabakize Protais ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Bwana Habanabakize Jean Claude, yakiriye itsinda ry’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko bakorera muri Komisiyo y’ubumwe, uburenganzira bwa muntu no kurwanya Jenoside, rigizwe na Honorable Mukamana Alphonsine na Honorable Mushimiyimana Lydie, bari baherekejwe n’umukozi mu Nteko ishinga amategeko.
Aba badepite bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, mu rwego rwo kuganira n’Abayobozi b’Akarere mu nzego zitandukanye, abafatanyabikorwa mu bikorwa by’ubumwe n’ubudaheranwa, hagamijwe kurebera hamwe uko ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda buhagaze n’aho Akarere kageze gafasha abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu rwego rwo kurushaho guteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Nyuma yo kugaragarizwa n’ubuyobozi bw’Akarere ishusho y’uko Akarere gahagaze mu ngingo zitandukanye zari zikubiye mu isobanurampamvu yatanzwe, abitabiriye batanze ibitekerezo, inyunganizi, barebera hamwe ku mbongamizi zihari no gushakira hamwe igisubizo mu kurushaho guteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda.
Nyuma y’ibiganiro, uruzinduko rwabo rwakomereje mu Murenge wa Mukamira, mu bikorwa bikurikira;
Gusura itsinda ry’ubumwe n’ubudaheranwa rihuriwemo n’abakoze Jenoside ndetse n’abayirokotse, urubyiruko rukomoka muri ibi byiciro byombi, harebwa ibimaze kugerwaho.
Gusura uwarokotse Jenoside utishoboye wasaniwe inzu mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatustsi.
Hasuwe kandi umuryango urimo uwakoze Jenoside agahanwa akaba yararangije igihano yari yarahawe.
Abadepite bashimye muri rusange Akarere ka Nyabihu, bashima intambwe imaze guterwa basaba ko ibikorwa biteza imbere ubumwe n’ubudaheranwa bw’abanyarwanda bikomeza gutezwa imbere.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…