URUZINDUKO RW’ABADEPITE MU KARERE KA NYABIHU

Kuri iki cyumweru, tariki ya kabiri Gashyantare 2025, itsinda ry’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko y’uRwanda, rigizwe na Hon. Niyongana Gallican ( Uyoboye itsinda), Hon. Niyomahoro Wassila na Hon. Mukandanga Speciose, bari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette n’abahagarariye inzego z’umutekano, basuye Umurenge wa Mulinga.

Ni umunsi wa nyuma w’uruzinduko rw’iminsi umunane (8) bagiriraga mu Karere, aho basuye ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere abaturage , nyuma bagakorana inama n’abaturage bakabaganiriza kuri gahunda za Leta zitandukanye. Hasuwe Imirenge  ya Bigogwe, Jenda, Karago, Rambura, Kintobo, Mukamira.

Muri uru ruzinduko mu Murenge wa Mulinga, aba bayobozi basuye ibikorwa biteza imbere abaturage, birimo; Umurenge SACCO Dukizanye-Mulinga, itsinda abanyamuhati ryorora inkoko, itsinda abanyamurava ritubura ingemwe z’icyayi, umuturage witwa Mukandutiye Annonciata uri  kwiteza imbere kubera ubufasha butandukanye agenda ahabwa, Akiduhaye Solange, uhinga ibinyomoro ku nkunga yahawe na BDF…

Nyuma yo gusura ibikorwa, kuganiriza abagize amatsinda ndetse n’abaturage ku giti cyabo no kubaha inama, aba bayobozi bakoranye inama n’abaturage, babaganiriza ku ngingo zikurikira; Gukomeza ubumwe nk’abanyarwanda, kugira umuryango mwiza uzira amakimbirane n’ihohotera, gukunda umurimo no gukora cyane bakiteza imbere…

Abitabiriye na bo bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo n’ibyifuzo, kugaragaza ibibazo bafite, ibibazo byabajijwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo. 


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->