URUZINDUKO RW’ABADEPITE MU KARERE KA NYABIHU

Kuri iki cyumweru, tariki ya kabiri Gashyantare 2025, itsinda ry’Abadepite mu Nteko ishinga amategeko y’uRwanda, rigizwe na Hon. Niyongana Gallican ( Uyoboye itsinda), Hon. Niyomahoro Wassila na Hon. Mukandanga Speciose, bari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette n’abahagarariye inzego z’umutekano, basuye Umurenge wa Mulinga.

Ni umunsi wa nyuma w’uruzinduko rw’iminsi umunane (8) bagiriraga mu Karere, aho basuye ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere abaturage , nyuma bagakorana inama n’abaturage bakabaganiriza kuri gahunda za Leta zitandukanye. Hasuwe Imirenge  ya Bigogwe, Jenda, Karago, Rambura, Kintobo, Mukamira.

Muri uru ruzinduko mu Murenge wa Mulinga, aba bayobozi basuye ibikorwa biteza imbere abaturage, birimo; Umurenge SACCO Dukizanye-Mulinga, itsinda abanyamuhati ryorora inkoko, itsinda abanyamurava ritubura ingemwe z’icyayi, umuturage witwa Mukandutiye Annonciata uri  kwiteza imbere kubera ubufasha butandukanye agenda ahabwa, Akiduhaye Solange, uhinga ibinyomoro ku nkunga yahawe na BDF…

Nyuma yo gusura ibikorwa, kuganiriza abagize amatsinda ndetse n’abaturage ku giti cyabo no kubaha inama, aba bayobozi bakoranye inama n’abaturage, babaganiriza ku ngingo zikurikira; Gukomeza ubumwe nk’abanyarwanda, kugira umuryango mwiza uzira amakimbirane n’ihohotera, gukunda umurimo no gukora cyane bakiteza imbere…

Abitabiriye na bo bahawe umwanya wo gutanga ibitekerezo n’ibyifuzo, kugaragaza ibibazo bafite, ibibazo byabajijwe byasubijwe ibindi bihabwa umurongo. 


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->