URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA BANKI Y’ISI MU KARERE.

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 01 Ukwakira 2024, itsinda ry’abakozi riturutse muri Banki y’isi( World Bank: WB), mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency) :RTDA), ba rwiyemezamirimo (Contractors na Consultants), bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, baje mu gikorwa cyo gusura imihanda y’ubuhahirane ( Feeder roads) iri kubakwa mu gice cya Gishwati. Iyi mihanda ifite uburebure bureshya n’ibirometero mirongocyenda na bitatu (93kms).

Iki gikorwa cyatangiriye ku biro by’Akarere ka Nyabihu, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere , Bwana Mugiraneza David, yahaye ikaze abitabirye iki gikorwa, akaboneraho umwanya wo kubashimira ubufatanye bwabo n’Akarere ka Nyabihu.

Nyuma y’inama yabereye ku Karere, basuye imihanda ikurikira iherereye mu bice bya Gishwati, ariyo: Umuhanda wa Nteranya- Kareba, Arusha-Mizingo- Masha, Kagogo-Gakamba, Kibisabo- Mulinga na Rugamba-Gihirwa;  hagamijwe kugenzura uko uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa no kumenya niba nta buvugizi bwihariye bukenewe kugira ngo binoge neza kurushaho.

Muri iki gikorwa cyo gusura, hagaragaye ko hakenewe gukomeza gukora ubuvugizi hakaboneka ingengo y’imari, bityo ahakenewe inzira z’amazi( Rigoles) hose zigashyirwaho, ndetse n’imikingo igashyirwaho inkuta ziyifata( Retaining walls) byose bigamije kubungabunga imihanda no kuyirinda kwangirika.

Igikorwa cyasorejwe mu Murenge wa Mukamira, gisozwa n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, washimiye cyane Banki y’isi ubufatanye bwayo n’Akarere mu ishyirwamubikorwa ry’imishinga itandukanye, yakomeje abizeza ko Akarere kazakomeza gusigasira ibyagezweho, anasaba ko ubufatanye bwakomeza no mu yindi mishinga.


URUZINDUKA RWA MINISITIRI W’IBIKORWA BY’UBUTABAZI MU KARERE KA NYABIHU

Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…

Read more →

KWIBUKA32: AKARERE KA NYABIHU KASHYINGUYE MU CYUBAHIRO IMIBIRI 6 Y’ABAZIZE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI

Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…

Read more →

ABASIRIKARE BIGA MU ISHURI RYA NYAKINAMA BASUYE IBIKORWA BYA BYAKOZWE N'UMUSHINGA WA SEBEYA

Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…

Read more →

INAMA YAGUYE Y’UMUTEKANO YATERANYE YIGA KU NGINGO ZITANDUKANYE

kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…

Read more →

RUBAYA: ISOKO RISHYA RY’IMBOGA N’IMBUTO RYITEZWEHO GUTEZA IMBERE UBUCURUZI

Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…

Read more →

Kintobo:Meya Mukandayisenga yakiriye Hon.Dusingizemungu mu muganda usoza ukwezi kwa Werurwe

Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…

Read more →

BIGOGWE:IBUYE FATIZO RYASHYIZWE AHAGIYE KUBAKIRWA IMIRYANGO 30

Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…

Read more →

UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMUGOREGORE WIZIHIRIJWE MU MURENGE WA SHYIRA

Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…

Read more →

URUBYIRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →
-->