URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA BANKI Y’ISI MU KARERE.

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 01 Ukwakira 2024, itsinda ry’abakozi riturutse muri Banki y’isi( World Bank: WB), mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Development Agency) :RTDA), ba rwiyemezamirimo (Contractors na Consultants), bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, baje mu gikorwa cyo gusura imihanda y’ubuhahirane ( Feeder roads) iri kubakwa mu gice cya Gishwati. Iyi mihanda ifite uburebure bureshya n’ibirometero mirongocyenda na bitatu (93kms).

Iki gikorwa cyatangiriye ku biro by’Akarere ka Nyabihu, aho Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere , Bwana Mugiraneza David, yahaye ikaze abitabirye iki gikorwa, akaboneraho umwanya wo kubashimira ubufatanye bwabo n’Akarere ka Nyabihu.

Nyuma y’inama yabereye ku Karere, basuye imihanda ikurikira iherereye mu bice bya Gishwati, ariyo: Umuhanda wa Nteranya- Kareba, Arusha-Mizingo- Masha, Kagogo-Gakamba, Kibisabo- Mulinga na Rugamba-Gihirwa;  hagamijwe kugenzura uko uyu mushinga ushyirwa mu bikorwa no kumenya niba nta buvugizi bwihariye bukenewe kugira ngo binoge neza kurushaho.

Muri iki gikorwa cyo gusura, hagaragaye ko hakenewe gukomeza gukora ubuvugizi hakaboneka ingengo y’imari, bityo ahakenewe inzira z’amazi( Rigoles) hose zigashyirwaho, ndetse n’imikingo igashyirwaho inkuta ziyifata( Retaining walls) byose bigamije kubungabunga imihanda no kuyirinda kwangirika.

Igikorwa cyasorejwe mu Murenge wa Mukamira, gisozwa n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal, washimiye cyane Banki y’isi ubufatanye bwayo n’Akarere mu ishyirwamubikorwa ry’imishinga itandukanye, yakomeje abizeza ko Akarere kazakomeza gusigasira ibyagezweho, anasaba ko ubufatanye bwakomeza no mu yindi mishinga.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->