URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA GMO

Itsinda ry’abakozi baturutse mui GMO ( Gender Monitoring Office) riyobowe na Madamu Mwiseneza Julienne, ryasuye Akarere ka Nyabihu, rigamije kureba uko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore ryubahirizwa mu itegurwa ndetse n’ishyirwamukorwa ry’ingengo y’imari y’Akarere.

Nyuma y’inama yabereye ku Karere, bakoranye na Acting Division Manager w’Akarere ka Nyabihu, Bwana Twagirayezu Jean Paul ari kumwe n’abakozi bo mu ishami ry’igenamigambi hamwe n’umukozi ushinzwe iterambere ry’umuryango mu Karere, habayeho gahunda yo gusuzuma inyandiko z’uko Gender Budget Statement (GBS) ya 2020-2021 yashyizwe mu bikorwa n’aho GBS 2021-2022 igeze ishyirwa mu bikorwa, ndetse no kureba uko 2022-2023 yateguwe kugira ngo irusheho kunozwa.

Baboneyeho umwanya wo gusura ibikorwa byakozwe muri GBS 2020-2021 mu Mirenge ya Mukamira na Rambura, aho hasuwe; imiryango ibiri( Umuryango umwe uyobowe n’umugabo n’undi muryango umwe uyobowe n’umugore) yorojwe muri gahunda ya Girinka

Hasuwe kandi abana b’abakobwa babyaye, bakigishwa umwuga wo kudoda, bagahabwa imashini mu rwego rwo kureba ibyo bamaze kugeraho

Hasuwe nanone itsinda ry’abana b’abakobwa babyaye,  babarizwa mu Murenge wa Mukamira, ku buryo bwo gutegura udushinga duto duto tubyara inyungu, bagahabwa inkunga.


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->