URUZINDUKO RW’ABAKOZI BA GMO
Itsinda ry’abakozi baturutse mui GMO ( Gender Monitoring Office) riyobowe na Madamu Mwiseneza Julienne, ryasuye Akarere ka Nyabihu, rigamije kureba uko ihame ry’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore ryubahirizwa mu itegurwa ndetse n’ishyirwamukorwa ry’ingengo y’imari y’Akarere.
Nyuma y’inama yabereye ku Karere, bakoranye na Acting Division Manager w’Akarere ka Nyabihu, Bwana Twagirayezu Jean Paul ari kumwe n’abakozi bo mu ishami ry’igenamigambi hamwe n’umukozi ushinzwe iterambere ry’umuryango mu Karere, habayeho gahunda yo gusuzuma inyandiko z’uko Gender Budget Statement (GBS) ya 2020-2021 yashyizwe mu bikorwa n’aho GBS 2021-2022 igeze ishyirwa mu bikorwa, ndetse no kureba uko 2022-2023 yateguwe kugira ngo irusheho kunozwa.
Baboneyeho umwanya wo gusura ibikorwa byakozwe muri GBS 2020-2021 mu Mirenge ya Mukamira na Rambura, aho hasuwe; imiryango ibiri( Umuryango umwe uyobowe n’umugabo n’undi muryango umwe uyobowe n’umugore) yorojwe muri gahunda ya Girinka
Hasuwe kandi abana b’abakobwa babyaye, bakigishwa umwuga wo kudoda, bagahabwa imashini mu rwego rwo kureba ibyo bamaze kugeraho
Hasuwe nanone itsinda ry’abana b’abakobwa babyaye, babarizwa mu Murenge wa Mukamira, ku buryo bwo gutegura udushinga duto duto tubyara inyungu, bagahabwa inkunga.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…