URUZINDUKO RW’ABASENATERI MURI GAHUNDA YO KWIZIHIZA UMUNSI WA DEMOKARASI

Kuri uyu wa kabiri, tariki ya 18 Nzeri 2018, mu cyumba cy’inama cy’Akarere ka Nyabihu, habereye ikiganiro kijyanye na gahunda y’umunsi mukuru mpuzamahanga wa Demokarasi. Icyo kiganiro cyatanzwe na Hon. Senateri SINDIKUBWABO Jean Nepomuscene, Hon. Senateri KAGOYIRE Bishagara Therese bari kumwe n’umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu MUKANDAYISENGA Antoinette. Hari kandi abatumirwa baturutse mu nzego zitatandukanye bitabiriye iyi nama; Abagize Inama Njyanama ku rwego rw’Akarere ka Nyabihu, Abagize Komite Nyobozi y’Akarere ka Nyabihu, Abahagarariye inzego z’umutekano ku rwego rw’Akarere, Abayobozi b’amadini n’amatorero akorera mu Karere, Abahagarariye abandi mu nzego zitandukanye zikorera mu Karere. Ku murongo w’ibyigwa hari igisobanuro, uko Demokarasi yumvikanaga mbere y’ubukoroni, uko abakoroni basenye indangagaciro za Demokarasi y’umwimerere nyarwanda, ingero zifatika z’uko U Rwanda rwubahiriza amahame ya Demokarasi. Nyuma y’iki kiganiro cyabereye mu cyumba cy’inama cy’Akarere, aba bayobozi bakomereje mu nteko y’abaturage yabereye mu Murenge wa Bigogwe, aho Hon. Senateri SINDIKUBWABO Jean Nepomuscene yatanze ikiganiro kuri Demokarasi agiha abaturage bo mu Murenge wa Bigogwe, ahahuriye Utugari tubiri twa Kijote na Rega. Muri iki kiganiro hari abayobozi batandukanye ku nzego z’Akarere n’Umurenge; Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Umuyobozi w’Ingabo mu Karere ka Nyabihu, Uhagarariye NISS mu Karere ka NYabihu, Abahagarariye amadini, Abagize Inama Njyanama ku Murenge no ku Tugari, Abahagarariye CNF, CNJ na NCPD, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari, Abavuga rikumvikana.

URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->