URUZINDUKO RW’AMBASADERI W’UBWONGEREZA
Ku wa kabiri, tariki ya 03 Kamena 2025, Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’abagize Inama y’umutekano itaguye y’Akarere, yakiriye Ambasaderi w’Ubwongereza mu Rwanda (UK High Commissioner) Madamu Alison Thorpe wari kumwe n’Umuyobozi wa (World Food Program WFP) mu Rwanda, Bwana Andrea Bagnoli. Hari kandi Umuyobozi mukuru ushinzwe imibereho y’abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana Gahiganwa Godfrey n’Umuyobozi mukuru wa LODA, Madamu Nyinawagaga Claudine.
Aba bashyitsi bagiriye uruzinduko rw’akazi mu Karere ka Nyabihu, rugamije gusura ibikorwa biterwa inkunga n’Ikigega cya FCDO ( Ikigega cya Commonwealth gitera inkunga ibikorwa by’iterambere), basuye;
--Transit Centre ya Kijote ihereye mu Murenge wa Bigogwe/Bikingi, yakira by’agateganyo impunzi ziturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho basuye abarimo ndetse bareba na servisi zitandukanye zihatangirwa,
-Ishuri ry’imyuga rya Impact Hope Rwanda, riterwa inkunga na LODA, riherereye mu Murenge wa Jenda, Akagari ka Bukinanyana,
-Ibikorwa by’amaterasi biterwa inkunga na LODA, mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, Umudugudu bwa Busasamana,
-Umurenge SACCO, mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Rega, Umudugudu wa Ngagare; harebwa imikorere n’imitangire ya Serivisi,
-Abashyitrsi bari kumwe n’Abayobozi b’Akarere basuye kandi serivisi zo kwita ku mikurire y’abana no kwita ku babyeyi batwite mu kigo nderabuzima cya Bigogwe, gihereye mu Murenge wa Bigogwe, Akagari ka Kijote, Umudugudu wa Kazuba.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…