URUZINDUKO RW’UMUYOBOZI MUKURU WA RAB

Mu rwego rwo kureba ikibazo cy’imiterere y’imbuto y’ibigori, kuri uyu wa gatatu, tariki ya 02 Gashyantare 2022, Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi, Dr Karangwa Patrick, hamwe n’itsinda ayoboye bagiriye uruzinduko mu Karere ka Nyabihu, aho basuye imirima y’ibigori yatewemo RHMH1520, abanyamuryango ba Koperative y’ubuhinzi yitwa KOTEMII, mu Murenge wa Rugera.

Abagize itsinda bakomereje urugendo mu Murenge wa Shyira, aho basuye ahahinzwe imbuto ya WH507, WH605 na RHMH1520. Kuri iyi mbuto ya RHMH1520, Umuyobozi mukuru wa RAB, yasabye abashakashatsi bari bamuherekeje, ari bo; Dr. Ngaboyisonga Claver na Gafishi Martin kuyisubiramo maze ikajya ipfuka intete kugera hejuru no kuba yagira intete nini.

Itsinda rimaze gusura no kubona neza imitere y’Akarere, ryagaragaje ko Akarere kose katafatwa nk’imisozi miremire, harimo n’ahakeneye izindi mbuto. Mu kiganiro yagiranye na bo, abahinzi basaruraga RHMH1520, bagaragaje ko iyi mbuto batayikunze bagereranyije n’izindi mbuto nka WH507, WH605, WH101  Izi mbuto ariko ntabwo tuzemerewe kuko ni izo mu misozi iringaniye).

Umuyobozi mukuru wa RAB n’itsinda ayoboye bakomeje uruzinduko basura umucuruzi w’inyongeramusaruro, witwa Ndahayo Jean Claude, ukorera mu Murenge wa Mukamira. Uyu muyobozi yagejejweho icyifuzo cy’umwihariko w’Akarere wo kujya haboneka ifumbire igihe cyose, abahinzi bakaba bakwibaruza kenshi muri MOPA igihe bayikeneye. Baboneyeho umwanya wo gusura nanone ububiko bunini(stock), iherereye muri Mukamira, irimo imbuto y’ibigori n’ifumbire, abacuruzi bake bagaragaje imbogamizi y’ifumbire ya NPK iri kuboneka ari nke cyane ku buryo kuyibona bigorana. 


URUBYRUKO 20 BAHAWE IMPAMYABUMENYI Z’IMYUGA

Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…

Read more →

RUGERA: HUZUYE IKIRARO CYO MU KIRERE CYA METERO 95

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…

Read more →

ABASENATERI BASUZUMYE ITERAMBERE RY’UBWOROZI MU KARERE KA NYABIHU

Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…

Read more →

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka Nyabihu

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…

Read more →

RAMBURA: HIZIHIJWE UMUNSI MPUZAMAHANGA W’UMWARIMU, HAHEMBWA INDASHYIKIRWA

Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…

Read more →

VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION

Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana  SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa…

Read more →

U Rwanda rwifatanyije n’Isi kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga wabereye mu Karere ka Nyabihu

None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…

Read more →

Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura

Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…

Read more →

Bigogwe: Hasorejwe Ukwezi Kwahariwe Umuryango,Imiryango 10 Isezerana byemewe m'amategeko

Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…

Read more →
-->