VISI MEYA SIMPENZWE PASCAL YIFATANYIJE N’ABATURAGE MU GUSOZA IBIKORWA BY’UMUSHINGA HEALTH POVERTY ACTION
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage,Bwana SIMPENZWE Pascal, uyu munsi yitabiriye ibirori byo gusoza ibikorwa by’umushinga Health Poverty Action byabereye mu Murenge wa Karago ku ruganda rw’Icyayi –Nyabihu Tea Factory-,umushinga wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere imibereho y’abagore n’imiryango yabo.
Mu bikorwa bishimirwa by’uyu mushinga harimo guhugura abagore bahohotewe, kubafasha kwihangira imirimo, kubashakira akazi binyuze mu bufatanye n’inganda zitandukanye, aho abagera ku 2,110 babonye akazi . Umushinga wanatanze amahugurwa ku buringanire, ushyiraho amatsinda yo kwizigamira no kugurizanya, ndetse wubaka ibyumba 50 by’ubwiherero bifasha mu isuku n’isukura.
Mu butumwa bwe, Visi Meya Simpenzwe yashimiye ubuyobozi n’abakozi ba Health Poverty Action ku musanzu bateye mu iterambere ry’abaturage, abasaba gusigasira no kurushaho kubyaza umusaruro ibyo umushinga wabagejejeho, kugira ngo bakomeze gutera imbere mu buryo burambye.
Uyu mushinga wasize ushimangiye ubufatanye hagati y’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa mu guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Bwana HABIMANA Dominique akaba n’Imboni y’Akarere ka Nyabihu, yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere ka…
Uyu munsi kuwa 12 Ukuboza 2025, mu mirenge yose y’Akarere hijihijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Umwarimu, umwe mu minsi ikomeye igenera icyubahiro abarimu…
None tariki ya 03 Ukuboza 2025, u Rwanda rwifatanyije n’isi yose kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abantu bafite Ubumuga, ibirori bikaba byabereye mu…
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana,…
Mu murenge wa Bigogwe mu Kagari ka Kijote hasojwe ku mugaragaro ibikorwa by’Ukwezi kwahariwe Umuryango, byaranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije…
Kuri uyu wa 07 Ugushyingo 2025, Akarere ka Nyabihu katangije ku mugaragaro icyumweru cy’ubukangurambaga ku mirire iboneye no kurwanya igwingira…