Abayobozi b’Inzego Zitandukanye Bifatanyije n’Abaturage ba Bukinanyana mu Muganda wo Kwimakaza Isuku n’Isukura
Ku wa Gatandatu wa nyuma w’Ukwezi k’Ugushyingo 2025, Abadepite, ubuyobozi bw’Akarere, inzego z’umutekano n’abaturage bo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Jenda, bifatanyije mu gikorwa cy’umuganda rusange cyibanze ku kwimakaza isuku n’isukura.
Iki gikorwa cyahurije hamwe abaturage mu gutunganya ibice rusange, kunoza ibikorwaremezo no gukangurira buri wese kugira isuku ku mubiri no mu rugo. Abitabiriye bakoze imirimo irimo gusukura inzira n’ahantu hahurira abantu, bakora ibikorwa byo kujyana imyanda ahabugenewe.
Nyuma y’umuganda, abaturage basabwe gukomeza umuco wo kugira isuku mu buzima bwabo bwa buri munsi—kubungabunga isuku ku mubiri, kugira ingo zisukuye kandi zitunganije neza, gutegura amafunguro mu buryo buboneye, no kubungabunga isuku y’ahantu hahurira abantu benshi. Abayobozi banibukije abaturage intero y’Akarere igira iti: “Urugo Rukeye Isibo Isukuye, Umwanda si uw’i Rwanda”—bagaragaza ko urugo rufite isuku rufasha kugira isibo nziza kandi ko umwanda udakwiye kubaho mu Rwanda.
Mu ijambo risoza, Abadepite basabye abaturage kunoza imiturire, guharanira isuku kuri bose, kwirinda ibiyobyabwenge, gukumira amakimbirane mu ngo no kugira uruhare mu bikorwa bya Leta. Ababyeyi n’abarezi by’umwihariko bashishikarijwe gukomeza kurera neza abana no kubashyigikira mu myigire yabo.Bijeje abitabiriye umuganda ko ibitekerezo n’ibyifuzo bagejejweho bizakorerwa ubuvugizi bukwiriye.
Iki gikorwa cyagaragaje ko Umuganda ukomeje kuba ishingiro ry’iterambere n’ubumwe bw’abaturage, ndetse ukaba umuyoboro w’uruhare rwa buri wese mu kugira igihugu gitekanye kandi gisukuye.
Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Maj.Gen.(Rtd) Albert MURASIRA, ari kumwe n’itsinda ayoboye, kuri uyu wa 01 Gicuransi 2026 yagiriye uruzinduko mu…
Mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu munsi ku rwibutso rw’Akarere ka Nyabihu ruherereye mu Murenge wa…
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…