ISUZUMA RY’IMIHIGO YA MUTIMAWURUGO
Uyu munsi, ku wa gatatu, tariki ya 05 Gashyantare 2025, itsinda riturutse ku Ntara y’Iburengerazuba riyobowe na Bagirinka Vestine, Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore( CNF) ku rwego rw’Intara ari kumwe na Komiseri w’ubukungu ku rwego rw’Intara, Twagiramungu Angelique, baje gusuzuma Imihigo ya Mutimawurugo mu Karere ka Nyabihu.
Muri iki gikorwa bakiriwe n’Umuyobozi w’Akarere, Madamu Mukandayisenga Antoinette ari kumwe n’Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho y’abaturage, Bwana Simpenzwe Pascal. Muri iri suzuma ry’Imihigo hagaragajwe ishusho rusange y’ aho Imihigo ya Mutimawurugo 2024-20245 igeze ishyirwa mu bikorwa( Presentation), kungurana ibitekerezo ku byagaragajwe muri presentation, kureba raporo muri classement, gutanga inama ku byagaragaye.
Nyuma gahunda yakomeje basura ibikorwa mu Midugudu ntangarugero, aho basuye Umudugudu wa Biriba mu Murenge wa Mukamira nk’Umudugudu weserejwemo Imihigo mu mwaka wa 2022-2023, hasuwe kandi Umudugudu wa Rushunguru wo mu Murenge wa Jenda nk’umwe mu Midugudu yeserezwamo Imihigo ya Mutimawurugo muri uyu mwaka wa 2024-2025.
Kuri uyu wa 3 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme Mukandayisenga Antoinette, yakiriye itsinda ry’abasirikare biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya…
kuri uyu wa 02 Mata 2026, Umuyobozi w’Akarere, Mme MUKANDAYISENGA Antoinette, yayoboye inama y’umutekano yaguye y’Akarere yitabiriwe n’inzego…
Kuri uyu wa 30 Werurwe, hatashywe ku mugaragaro isoko ry’imboga n’imbuto ryavuguruwe ku bufatanye bw’Akarere n’umushinga KilimoTrust, riherereye mu…
Igikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Werurwe cyabereye mu mirenge yose igize Akarere ka Nyabihu, ku rwego rw’akarere kibera mu Murenge wa Kintobo.…
Mu Kagari ka Kijote, Umurenge wa Bigogwe,hatangijwe igikorwa cyo kubakira imiryango 30 yagizweho ingaruka n’ibiza, mu rwego rwo gufasha abaturage…
Abaturage bo mu Kagari ka Kazirankara, Umurenge wa Shyira, bifatanyije n’abayobozi batandukanye kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore, mu gikorwa…
Ku wa 18 Gashyantare 2026, mu Kigo cy’Urubyiruko habereye igikorwa cyo gusoza amahugurwa y’imyuga no guha impamyabumenyi urubyiruko 20 rwari rumaze…
Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri ba EP Marangara n’abaturage b’Umurenge wa Rugera, cyane mu gihe cy’imvura, hubatswe ikiraro cya Marangara kireshya…
Itsinda ry’Abasenateri riyobowe na Hon.Dr.NYINAWAMWIZA Laetitia ryakoreye uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Karere kuva tariki ya 22–23 Mutarama…